Imikino

Impera z'icyumweru gishize zasize hamenyekane amakipe 4 azakina imikino ya kamarampaka yishakamo ikipe izatwara igikombe cya Shampiyona y'Icyiciro cya mbere muri basketball mu bagabo ariyo Patriots BBC, APR BBC, REG BBC na RSSB Tigers, naho AZOMCO BBC na Inspired Generation zimanuka mu cyiciro cya kabiri.
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Nyakanga 2026 nibwo Byiringo Patrick wari umukinnyi wa volleyball ukina hagati (Middle blocker) yasezeweho bwa nyuma ku irimbi rya Rugerero mu karere ka Rubavu, nyuma yo kwitaba Imana tariki 15 Nyakanga 2026 azize uburwayi bwa kanseri y'igifu ndetse n'ikipe ya Kepler VC yakiniraga ibika bya burundu nimero yambaraga ya 11.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kubona intsinzi yaherukaga muri 2019 ku munsi w'Igikundiro 'Rayon Day' itsinda Gor Mahia FC yo muri Kenya ibitego 2-0 mu mukino wabereye muri Kigali Pele Stadium.
Umutoza w'amakipe y'Igihugu y'u Rwanda ya volleyball, umufaransa Frédéric Guérin, yahamagaye abakinnyi 21 bagiye gutangira imyitozo bitegura imikino y'Igikombe cya Afurika iteganyijwe kubera i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kwezi gutaha.
Aston Villa FC ni ikipe yo mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, yashinzwe tariki 21 Ugushyingo 1874, ishingwa n’abagabo bane (4) aribo Jack Hughes, Frederick Matthews, Walter Price na William Scattergood bari basanzwe ari abakinnyi ba cricket b’ikipe y’urusengero rw’abawesle (Wesleyan Church) i Aston Villa.
Umukinnyi Tuyizere Jean Baptiste ukinira Kepler VC yagaragaje intimba n'agahinda yatewe n'urupfu rwa Byiringiro Patrick bakinanaga, witabye Imana ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 20226 azize uburwayi bwa kanseri y'igifu.
Ikipe ya Zira FC yo muri Azerbaijan ikinamo umunyarwanda Mutsinzi Ange, yageze mu ijonjora  rya kabiri ry'irushanwa rya UEFA Conference League nyuma yo gusezerera ikipe ya Torpedo Kutaisi yo muri Georgia ku giteranyo cy'ibitego 6-0.
Ikipe ya Gicumbi FC y'Akarere ka Gicumbi mu Majyaruguru y'u Rwanda yatangaje ko izatangira imyitozo yo kwitegura umwaka wa 2025/2026 ku wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2026.
Ikipe ya Sunrise FC yo mu karere ka Nyagatare yatangaje ko yamaze gusinyisha aAbarundi babiri; Intibazonkiza Djuma ukina mu kibuga hagati na Nzeyimana Jean Petit ukina mu kibuga hagati, bombi bakiniraga Gicumbi FC.