Imikino

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bashya barimo Mamadou Traoré ukina mu kibuga hagati na Ernan Siluane ukina nk'urinda izamu bombi bamaze no kugera i Kigali mu Rwanda.
Abanyamakuru b'imikino Ishimwe Adelaide uzwi nka Ida uherutse gusezera kuri Radiyo/TV 10 na Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit ukihakora bateguje ubukwe buzaba tariki 5 Nzeri 2026.
Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Nyakanga 2026, amakipe 9 yo mu Rwanda harimo amakipe 5 y'abagabo n'amakipe 4 y'abagore arahurira mu irushanwa ngarukamwaka rya volleyball rigamije kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora k'u Rwanda uzaba tariki 4 Nyakanga 2026.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu bagabo yakoreye imyitozo ya mbere muri i Luanda muri Angola, nyuma yo kugerayo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kamena 2026, aho yitabiriye imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2027 kizabera muri Qatar.
Ikipe ya APR HC yegukanye igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ya handball mu bagabo nyuma yo gutsinda Police HC ibitego 31-29 mu mukino wa gatanu ari nawo wari uwa nyuma w'imikino ya nyuma ya kamarampaka.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamena 2026, uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol Brewry Rwanda rwasinyanye amasezerano y'imikoranire n'urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y'u Rwanda, Rwanda Premier League, afite agaciro ka miliyoni 915 z'amafaranga y'u Rwanda, azamara imyaka itatu aho Skol izajya itanga miliyoni 305 z'amafaranga y'u Rwanda buri mwaka.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina n'ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya ku munsi ngarukamwaka wa "Rayon Day" uzaba tariki 18 Nyakanga 2026 muri Sitade Amahoro.