Inkuru Nshya

Mu Murenge wa Bigogwe, mu Karere ka Nyabihu, harakomeje urubanza ruregwamo abantu umunani bashinjwa gutunda, gukwirakwiza no gucuruza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, bikozwe mu kinyabutabire cya ethanol.
Afurika y’Epfo igiye kongera kugira Ambasaderi uhagarariye inyungu z’iki gihugu mu Rwanda, nyuma y’imyaka ibiri umubano hagati y’ibihugu byombi ujemo agatotsi byo gushimangira ko ibihugu ko impande zombi zacoce ibubazo byari bihari.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyize mu mabwiriza yihariye azagenga igikombe kiruta ibindi, Super Cup, kizakinwa muri uku kwezi ko ntamubare ntarengwa w'abanyamahanga uzitabwaho.
Rutahizamu ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Joy-Lance Mickels yafashije ikipe ye ya Sabah FK kugera muri UEFA Champions League, bimugira umukinnyi wa mbere w'umunyarwanda ugiye gukina iri rushanwa rikomeye ku mugabane w'u Burayi,
Kuri uyu wa Kabiri Itorero Imbuto Zitoshye, icyiciro cya gatatu, ryaberaga mu kigo cy'ubutore cya Nkumba ryasojwe ku mugaragaro ,abaryitabiriye basabwa guharanira impinduka nziza ziherekejwe n'indangagaciro aho bari hose.
Ikipe ya Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women's Champions League yasezerewe itarenze amatsinda nyuma yo kunganya na Yei Joint Stars WFC yo muri Sudani y'Epfo igitego 1-1, mu gihe yasabwaga gutsinda.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryakubye kabiri ibihembo by'igikombe Kiruta ibindi, Super Cup, ikipe ya mbere ikaba izahabwa miliyoni 40 Frw aho kuba miliyoni 20 Frw naho ikipe ya kabiri ikazahabwa miliyoni 20 Frw aho kuba 10 Frw.
Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, (AfDB) Dr. Sidi Ould Tah ku bufatanye hagati y’u Rwanda n’iyi Banki  n’ingamba zo kwihutisha ishoramari n’iterambere ry’ubukungu muri Afurika.
Perezida Paul Kagame yavuze ko rimwe mu masomo y’ingenzi yakuye mu buzima ari uko umuntu agomba kugira intego y’ubuzima bwe, agafata amahitamo ashobora kugira ingaruka ku bandi, kandi akayarwanirira nubwo yaba ahura n’ibigeragezo bimukoma mu nkokora.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa volleyball mu bagore yatangiye neza imikino y’igikombe cy’Afurika itsinda Algeria amaseti 3-0.