Ibyihariye

Tariki 14 Mata 1994, kuri kiriziya ya Kibeho, Interahamwe zifatanyije n’abategetsi zarimbuye Abatutsi barenga 25.000 bari bahungiye ku Kiliziya no mu mazu ya Paruwasi gaturika ya Kibeho. Abatutsi babanje kwirwanaho bifashishije ibikoresho bari bafite. Abatutsi bashoboye guhangana n’igitero cyo ku wa 12 Mata 1994 barakinesha.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yagaragaje uburyo hari abanyapolitiki banze politiki ya Habyarimana Juvenal wahoze ari perezida w’u Rwanda y’irondabwoko bagahitamo kumusezera bakamubwirako u Rwanda rutazigera ruyoborwa n’ubutegetsi bw’injumbure.
Kuri uyu wa Mbere mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara, abaturage abayobozi n’imiryango y’abarokotse bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,aho by’umwihariko  kuri iyi taliki hibukwa abatutsi bishwe bakajugunywa mu cyuzi cya Cyamwakizi .
Kuri uyu wa 13 Mata 2026, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’igihugu, abahagarariye imitwe ya politiki, abadipolomate n’imiryango y’abanyapolitiki bishwe bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yagaragaje ko bitashoboka ko abanyarwanda bunga ubumwe batabanje kumenya amateka y’icyatumye busenyuka n’abagize uruhare mu kubusenya.
Ku wa 13 Mata 2026, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’igihugu hamwe n’abahagarariye imitwe ya politiki bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yishimiye intsinzi ya Ismail Omar Guelleh wongeye gutorerwa kuyobora Djibouti
Tariki ya 12 Mata 1994 uwari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Boutros Boutros-Ghali yavuze ko MINUAR igomba kuva mu Rwanda atitaye ku Batutsi barimo bicwa hirya no hino mu Rwanda.
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe yashimiye Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, ICTR, rwabashije kuburanisha ibirego bisaga 80 byabagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka