Inkuru Nshya

Brigade ya 507 y' Ingabo z'u Rwanda zirwanira ku butaka  yasoje amahugurwa ya gisirikare yo ku rwego rwisumbuye yagenewe Ingabo zirwanira ku butaka yari amaze amezi atanu abera mu Kigo cy'Amahugurwa cya Gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo. 
Guverinoma y’u Rwanda imaze gushora agera kuri miliyari 48 Frw muri gahunda yo kugabanya ingaruka z’izamuka ry’ibiciro bya peteroli binyuze muri nkunganire yatanzwe kuva muri Werurwe kugeza muri Kamena 2026.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yatangaje ko mu rwego rwo kwirinda ko ibikomoka kuri peteroli bibura ku isoko, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gushora imari mu kongera ubushobozi bwo kubibika, aho kugeza ubu hari ubushobozi bwo kubika toni zigera kuri miliyoni 118.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko amakimbirane mpuzamahanga arimo intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati n’iyo muri Ukraine byagize ingaruka ku buhinzi aho byatumye igiciro cy’ifumbire ku isoko mpuzamahanga kizamuka ku gipimo kiri hagati ya 15% na 66% mu mezi ane gusa.
Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yatangaje ko Guverinoma y'u Rwanda yashyizeho uburyo bushya bwo gutumiriza hamwe ibikomoka kuri peteroli bitunganijwe, bugamije koroshya ubucuruzi, kugabanya ibiciro.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza Umunsi Mukuru w’Umuganuro ku wa Gatanu, tariki ya 07 Kanama 2026, Inteko y’Umuco yateguye irushanwa rya Videwo ngufi ku Umuganuro, ryiswe “ Umunota w’Umuganura 2026”.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Thelesphore Ndabamenye, yatangaje ko ibihugu bya Afurika bidakwiye gukomeza guhendwa no gutumiza ikawa hanze y’umugabane nyamara byohereza mu mahanga ingano nyinshi ya kawa idatunganyije bikongera kuyigura ku giciro gihanitse.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye gusaba ibihugu bigize umuryango w'Abibumbye (ONU) gufatanya mu guhana abantu bose bakekwaho ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa mu bihe by'intambara, zivuga ko amagambo gusa adahagije ahubwo hakenewe ibikorwa bifatika.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage bagaragaje ko mu turere tumwe na tumwe hari ikibazo cy’izamuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubusinzi cyane cyane mu rubyiruko.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko umubare munini w’Abanyarwanda bafite imyaka itanu kuzamura bafite ubushobozi busesuye bwo gukora ibikorwa byabo bya buri munsi, nubwo hari igice gifite ibibazo by’imikorere mu nzego zitandukanye.