kwibuka

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yakuye mu rujijo ku bibazaga aho yabaga ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyuma y'abavugaga ko yari mu Bufaransa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yagaragaje uburyo hari abanyapolitiki banze politiki ya Habyarimana Juvenal wahoze ari perezida w’u Rwanda y’irondabwoko bagahitamo kumusezera bakamubwirako u Rwanda rutazigera ruyoborwa n’ubutegetsi bw’injumbure.
Kuri uyu wa Mbere mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara, abaturage abayobozi n’imiryango y’abarokotse bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,aho by’umwihariko  kuri iyi taliki hibukwa abatutsi bishwe bakajugunywa mu cyuzi cya Cyamwakizi .
Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru, tariki ya 12 Mata 2026 abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye ndetse bunamira inzirakarengane ziruhukiye mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.
Kuri uyu wa 13 Mata 2026, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’igihugu, abahagarariye imitwe ya politiki, abadipolomate n’imiryango y’abanyapolitiki bishwe bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abahagarariye amadini n’amatorero n’abakuru b’imiryango gakondo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Congo bagaragaje ko mu gihe ntacyo umuryango mpuzamahanga wakora ngo uhagarike ibikorwa bya kinyamaswa bikomeje gukorerwa Abatutsi mu Burasirazuba bwa RDC ,naho hashobora kuzaba Jenoside nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yagaragaje ko bitashoboka ko abanyarwanda bunga ubumwe batabanje kumenya amateka y’icyatumye busenyuka n’abagize uruhare mu kubusenya.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku wa 13 Mata 2026, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’igihugu hamwe n’abahagarariye imitwe ya politiki bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka