Amakuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abayobozi bane bo mu turere dutandukanye, bagize uruhare mu gutanga ibyangombwa byo kubaka bitubahirije ibisabwa n'amategeko, bakurikiranyweho gukoresha ububasha bafite mu nyungu zabo bwite.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko rizashyigikira Gianni Infantino mu matora ya FIFA ateganyijwe umwaka utaha aho uzatsinda azayobora kuva mu 2027 kugeza mu 2031.
Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije REMA, na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi bagaragaje ko  kwita ku bidukikije no kurwanya imyuka ihumanya ikirere byakemura ikibazo cy’ingufu harimo n’iz’igihugu giyumiza hanze harimo n’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kuba ikibazo ku Isi hose.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku mugaragaro ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ashinjwa kugira uruhare mu guhungabanya umutekano wa RDC, cyane cyane mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
General Rtd Fred Ibingira yagaragaje ko abanyarwanda bafite amahirwe yo kugira perezida Kagame nk’umukuru w’igihugu ,kubera ubushishozi agaragaza mu miyoborere ndetse n’icyerekezo cyiza yahaye u Rwanda nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi.
Tariki ya 01 Gicurasi 1994, Abatutsi bari kuri uyu musozi bagoswe n’igitero cy’Interahamwe  gikomeye cyari kigamije kubatsemba bose ndetse zafunze amayira yose yaganaga ku musozi wa Karama mu rwego rwo kubabuza guhunga. 
Mu makipe ane yaserukiye u Rwanda muri Shampiyona Nyafurika y’amakipe y’abagabo muri Volleyball ( CAVB Men’s Club Championship 2026), hasigayemo amakipe abiri, yombi agomba guhura muri ½ cy’irangiza, imwe ikajya ku mukino wa nyuma.
Kuri uyu wa Kane, umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amasomo y’abofisiye 74 bo mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda, ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe igorora (RCS), barangije neza amasomo yamaze ibyumweru 22.
Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwategetse ko umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement akurikiranwa afunzwe mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo