Politiki

Ubuhinzi

Ibidukikije

Amashusho

SALEH WAVUYE MU BWONGEREZA ADIDIBUJE IKINYARWANDA YIGIYE MU ITORERO INDANGAMIRWA

Kugirango tujye muri vibes tugire aho tuba duhagaze|| Ntimukabe ubusa || Perezida Kagame

“Vibes ntabwo nzanze, ariko uhagaze he? Kugirango tujye muri vibes tugire aho tuba duhagaze.”

Umutekano ujyanye no kubaho kwacu ntabwo tuwushakira gushimwa n’abahandi: Perezida

MENYA IBICE BIGIZE IKIMENYETSO CYA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI CYUBATSWE KU NTEKO ISHINGA AMATEGEKO

Ndi Umunyagatolika, namubaye ntabizi ariko nkuze ndabyubahiriza – Perezida Kagame

Ijambo rya Perezida Kagame ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika

UBU KOKO TWEBWE ABIRABURA TUZEMERA KO DUCIRIRITSE? || PEREZIDA KAGAME

Imyidagaduro

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Kanama 2026 ni umunsi ugoye abakunda ibirori kubona amahitamo y’aho berekeza kubera ibikorwa by’imikino n’imyidagaduro biteganyijwe kubera rimwe mu Rwanda kandi ahantu hatandukanye.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko hakwiye gukazwa ubugenzuzi ku buziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo kugira ngo harindwe ubuzima n’umutekano bw’ababyitabira.
Umunyarwenya Saad Ssozi, wamamaye ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, ku izina rya Rango Tenge Tenge ari mu Rwanda, aho afite igitaramo azasusurutsamo abakunzi be.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko abahanzi batatu b'abanyarwanda Davis D, Kenny Sol na Diez Dola bazaya basusurutsa abantu bazajya bitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 iri kubera mu Rwanda muri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium.FERWAFA yatangaje ko aba bahanzi bazasusurutsa abantu kuva ku mikino yo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2026 izabera muri Kigali Pele Stadium.

Inkuru Nshya

Umwanditsi w’ibitabo Barbara Umuhoza,  yateguje igitabo agiye gushyira hanze yise The Comeback: Surviving Divorce & Thriving After, cyibanda ku buzima bw’urushako burimo uko warushinga rugakomera, uko wahangana n’ihungabana rituruka ku gutandukana kw’abashakanye ugakira ibikomere no kongera kubaka ubuzima.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka nshya zirimo kuzamura amafaranga y’ifunguro ku ishuri, kongerera imyaka abiga ubwarimu TTC bagiye kujya biga ,aho bazajya barangiza bafite impamyabumenyi y’ikiciro cya mbere cya Kaminuza A1 ndetse n’isaha yo gusoza amasomo.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kwanga ko ihuriro AFC/M23 ryitabira ibiganiro bya politiki Perezida Félix Tshisekedi yatangaje ko bizaba mu rwego rwo guhuza Abanye-Congo no gushakira hamwe umuti w’ibibazo byugarije igihugu.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda Wungirije Ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano yavuze ko mu rubyiruko hari ikibazo cy’imyitwarire idakwiye irimo kwishora mu byaha aho 47% by’abari mu magororero bari hagati y’imyaka 18 na 30.
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyahagaritse ndetse cyavanyeho burundu impushya zose zo gutumiza mu mahanga Alukoro (Ethanol / Neutral Spirit).
Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko rikumira ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 AGPF, ryasabye ko uburyo bwo kwigisha abana n’urubyiruko amateka ya Jenoside bikorwa hakurikijwe imyaka yabo cyane cyane mu gutegura imfashanyigisho zifashishwa mu rwego rwo kurushaho kuyasobanukirwa.
Ubwo hasozwaga ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi rya 19 ryari rimaze iminsi 10 ribera i Kigali, hashimiwe abamurika bahize abandi mu guhanga udushya, ubufatanye ndetse no kuzana uburyo bushobora guhindura no kwihutisha iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania yamaze guhaguruka i Dar es Salam yerekeza i Kigali mu Rwanda aho igiye gukorera umwiherero yitegura umwaka utaha w'imikino wa 2026/27 urimo na CAF Confederation Cup.