Politiki

Ubuhinzi

Ibidukikije

Amashusho

Kugirango tujye muri vibes tugire aho tuba duhagaze|| Ntimukabe ubusa || Perezida Kagame

“Vibes ntabwo nzanze, ariko uhagaze he? Kugirango tujye muri vibes tugire aho tuba duhagaze.”

Umutekano ujyanye no kubaho kwacu ntabwo tuwushakira gushimwa n’abahandi: Perezida

MENYA IBICE BIGIZE IKIMENYETSO CYA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI CYUBATSWE KU NTEKO ISHINGA AMATEGEKO

Ndi Umunyagatolika, namubaye ntabizi ariko nkuze ndabyubahiriza – Perezida Kagame

Ijambo rya Perezida Kagame ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika

UBU KOKO TWEBWE ABIRABURA TUZEMERA KO DUCIRIRITSE? || PEREZIDA KAGAME

ABA SPONSOR BASHORA MU MIBIRI YACU || ANTOINETTE NIYONGIRA AHAYE ABAKOBWA IMPANURO

Imyidagaduro

Umubyinnyi mpuzamahanga w'umunyarwanda ariko ufite n'ubwenegihugu bw'Ubwongereza, Sherrie Silver, yishimiye guhura na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi, FIFA, Gianni Infantino ku mukino w'Igikombe cy'Isi wahuje Ubwongereza na Argentine muri 1/2 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibyamamare mu myidagaduro Nyarwanda barimo Anita Pendo, Mutesi Jolly, Uwase Muyango, The Ben, Bruce Melodie, Ashton Small n’abandi, batangajwe nk’abahatanye mu bihembo Africa Content Creator Awards 2026.
Umunyamerika Ashton Hall, uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda, yashyizwe ku rutonde rwa Forbes Top Creators 2026, rw'abantu 50 bakoresha imbuga nkoranyambaga (content creators) binjirijeho amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi.
Ikipe y'umutwe wo mu ngabo z'u Rwanda ushinzwe kurinda abayobozi bakuru, Republican Guard (RG), irangajwe imbere n'umuhungu wa Perezida Kagame, Ian Kagame, yongeye kwegukana igikombe cyo Kwibohora gihuza imitwe yo mu Ngabo z'u Rwanda, Rwanda Defence Force (RDF) Liberation Tournament 2026, nyuma yo gutsinda ikipe y’Ikigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Nasho (BMTC Nasho) ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma.

Inkuru Nshya

Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA, ryatangaje abakinnyi 12 mu bangavu n'abakinnyi 12 mu ngimbi, bazahagararira u Rwanda mu mikino y'Akarere ka 5 mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cy'abatarengeje imyaka 18.Iyi mikino izabera i Cairo mu Misiri kuva tariki 23 Nyakanga kugeza 29 Nyakanga 2026.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates, washinze akaba na Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Gates Foundation, baganira ku gushimangira ubufatanye mu guteza imbere ubuzima, ubuhinzi, ubwenge buhangano n’ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga.
Binta Fatoumata Bah wo muri Guinea ukina nk'umwataka (Outside Hitter) wakiniraga Kepler WVC yamaze kwerekeza mu ikipe ya DH Volleyball Baku yo muri Azerbaijan.
Ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umuzamu Cuzuzo Aimé Gaël amasezerano y'imyaka ibiri avuye mu ikipe ya Gasogi United yakiniraga.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin yeretse Umunyemari akaba n’ukora Ibikorwa by’ubugiraneza, Bill Gates, ko Abajyanama b’Ubuzima ari inkingi ya mwamba mu mikorere n’iterambere ry’urwego rw’ubuzima mu Rwanda.
Ikipe ya Mukura VS&L yatangaje ko yamaze gutandukana n'umutoza Tomáš Trucha ukomoka muri Repubulika ya Czech ku busabe bwe n'ubwo impande zombi zari zumvikanye ndetse uyu mutoza yageze no mu karere ka Huye, mu Ntara y'Amajyepfo kugira ngo atangire akazi.
Umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ashima uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka nyuma y’ibihe bikomeye rwanyuzemo.
Mu gihe imirimo yo gutanganya no gusubiranya ibishanga byo mu Mujyi wa Kigali iri kugana ku musozo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko urusobe rw’ibinyabuzima rwatangiye kongera kugaruka muri ibi bishanga.