Inkuru Nshya

Politiki

Ubuhinzi

Ibidukikije

Amashusho

ABADEPITE BASABYE KO INGENGO Y’IMARI YITA KU KONGERA UBUMENYI N’UBUSHAKASHATSI MU BUHINZI

INGENGO Y’IMARI YARIYONGEREYE|| UKO GUVERINOMA YITEGUYE GUHANGANA N’IZAMUKA RY’IBICIRO KU ISOKO

Iby’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu cya AI u Rwanda rwashyizeho | AI izakoreshwa muri byose

IBYO WAMENYA KU BAYOBOZI BASHYA PEREZIDA KAGAME YASHYIZE MU NSHINGANO || IMPINDUKA MURI GUVERINOMA

Tuzarambiriza kuri Nkunganire kugera ryari? Hari ahadakwiye nkunganire| Ingaruka z’intambara ya Iran

Ubukungu, buteganyijwe kuzamuka kuri 6.8%

Nkunganire ya 18%, Fuel

MINISITIRI W’INTEBE YASHIMIYE RSSB TIGERS BBC YATWAYE BAL |YAHUMURIJE ABANYARWANDA| LETA IRITEGUYE

Imyidagaduro

Umuhanzi Bruce Melody yatangaje ko abarenga 500 biganjemo urubyiruko bahawe imirimo mu gutegura igitaramo kibimburira ibindi bizenguruka igihugu byiswe ‘Summer Country Tour’ bigiye gutangirira mu Karere ka Musanze.
Itsinda ry’abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana rya Vestine na Dorcas, ryatangaje ko ryamaze gutandukana na Irene Murindahabi uzwi nka M Irenen wari warebereraga inyungu z'iri tsinda kuva mu 2020.
Ikipe ya RSSB Tigers yateguye igitaramo cyo kwishimana n’Abanyarwanda bayishyigikiye mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2026, irushanwa risoza shampiyona y’amakipe akomeye ya Basketball muri Afurika
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko bateganya gushishikariza abashoramari gutangira gushora imari mu guteranya imodoka z’ikoresha amashanyarazi bikorewe imbere mu gihugu.

Inkuru Nshya

Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Kamuhire Alexis, yavuze ko ibigo bitandukanye bya Leta bigaragaramo imitungo 400 yaguzwe ariko ikaba itarakoreshwa, asaba aba batayikoresha ko bayitanga aho ikenewe
Ku munsi nk’uyu ni bwo FPR yatangarije Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko intego yayo ari uguhagarika Jenoside no kugarura umutuzo n’ umutekano mu gihugu.
U Rwanda rwateye ntambwe ikomeye mu guteza imbere ingufu zisubira nyuma yo gusinya amasezerano y’imikoranire n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ibihugu biteza imbere ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba (International Solar Alliance, ISA), agamije kwihutisha iterambere rishingiye ku gukoresha izo ngufu.
Nyuma y’impaka nyinshi kuri iyi ngingo, Minisitiri w’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye urubyiruko kwirinda guca imanza muri dosiye batazi neza.
Ubugenzuzi bukuru bw'imari ya Leta buvuga ko kutagira gahunda yo kubaka ruhurura mu midugudu, ari ikibazo gishobora gutera ingaruka zirimo n'inkangu.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Festus Bizimana, yashyikirije Perezida wa Mali, Assimi Goïta, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, watangaje ko wishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa, cyo gusubukura iperereza kuri Agathe Habyarimana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi
Ngabo King yatangaje ko yamaze gufunga ‘Musée Ingabo’ ku bwo kubura amafaranga yo kwishyura ubukode bw’inzu y’Umujyi wa Kigali yakoreragamo.