Inkuru Nshya

Politiki

Ubuhinzi

Ibidukikije

Amashusho

ABADEPITE BASABYE KO INGENGO Y’IMARI YITA KU KONGERA UBUMENYI N’UBUSHAKASHATSI MU BUHINZI

INGENGO Y’IMARI YARIYONGEREYE|| UKO GUVERINOMA YITEGUYE GUHANGANA N’IZAMUKA RY’IBICIRO KU ISOKO

Iby’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu cya AI u Rwanda rwashyizeho | AI izakoreshwa muri byose

IBYO WAMENYA KU BAYOBOZI BASHYA PEREZIDA KAGAME YASHYIZE MU NSHINGANO || IMPINDUKA MURI GUVERINOMA

Tuzarambiriza kuri Nkunganire kugera ryari? Hari ahadakwiye nkunganire| Ingaruka z’intambara ya Iran

Ubukungu, buteganyijwe kuzamuka kuri 6.8%

Nkunganire ya 18%, Fuel

MINISITIRI W’INTEBE YASHIMIYE RSSB TIGERS BBC YATWAYE BAL |YAHUMURIJE ABANYARWANDA| LETA IRITEGUYE

Imyidagaduro

Umujyi wa Kigali watangaje ko mu ijoro ryo kuri uyu wa 13 Kamena 2026, mu mbuga ya Kigali Convention Centre haturikirizwa ibishashi by’umuriro ‘fireworks’ mu rwego rwo kwishimira igikombe cya BAL 2026 RSSB Tigers BBC yegukanye.
Umuhanzi Bruce Melody yatangaje ko abarenga 500 biganjemo urubyiruko bahawe imirimo mu gutegura igitaramo kibimburira ibindi bizenguruka igihugu byiswe ‘Summer Country Tour’ bigiye gutangirira mu Karere ka Musanze.
Itsinda ry’abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana rya Vestine na Dorcas, ryatangaje ko ryamaze gutandukana na Irene Murindahabi uzwi nka M Irenen wari warebereraga inyungu z'iri tsinda kuva mu 2020.
Ikipe ya RSSB Tigers yateguye igitaramo cyo kwishimana n’Abanyarwanda bayishyigikiye mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2026, irushanwa risoza shampiyona y’amakipe akomeye ya Basketball muri Afurika

Inkuru Nshya

Perezida Daniel Francesco Chapo wa Mozambique na Mohamed Ould Ghazouani wa Maurtania bageze mu Rwanda, aho bateganya kwitabira inama ‘African CEO Forum’ ihuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma, abayobozi b’ibigo by’ishoramari byo muri Afurika n’abandi bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu mugabane.
Ku bufatanye bwa Polisi n'Urwego rw'Ubugenzacyaha Polisi yatangaje ko hafashwe abantu batandatu bakekwaho gushuka urubyiruko babizeza kubafasha kubona amahirwe yo kujya kwiga muri Canada.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igisigaje imikino itatu nyuma yo gushyira ikinyuranyo cy’amanota 14 hagati yayo na APR FC iyigwa mu ntege.
Imiryango n'inshuti za Karasira Aimable Uzaramba alias Prof. Nigga uheruka gutangazwa ko yitabye Imana ,umunsi wo kumuherekeza bwa nyuma wamenyekanye.
Ikigo United Capital Financial Services Rwanda Ltd cyahaye uruhushya Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA) rwo gukora nka banki y’ishoramari ndetse ruhitamo u Rwanda nk’icyacaro cyayo muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati.
Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu Rwanda
Umusore wo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara wakekwagaho gufata abagore ku ngufu, kwiba n'ibindi Polisi yamurashe arapfa
Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame yakiriye Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu wageze i Kigali, aho yitabiriye inama ya Africa CEO Forum, itaganyijwe kubera mu Mujyi wa Kigali